• +250788872505 / +250788442851
  • ugama@ugama.org.rw
  • B.P. 28 MUHANGA
News
Ubwizigame bwejo hazaza ntibuva kubyo usaguye.UGAMA yahwituye abagize amatsinda mato n’amanini kucyitwa Ubwizigame.

Ubwizigame bwejo hazaza ntibuva kubyo usaguye.UGAMA yahwituye abagize amatsinda mato n’amanini kucyitwa Ubwizigame.

Abagera ku 108 bahuguwe kubigendanye n’icungamutungo,Ubumenyi ngiro mugukoresha Imari ,n’ubuhanga ngiro ku micungire y’Ubucuruzi.

Ibi  byagarutsweho n’ubuyobozi bwa UGAMA  i Huye kuri uyu wa 02 Kamena 2026 ubwo, hatangizwaga  amahugurwa yiminsi 2  yahuje abantu 108 bagize  za komite n’abafashamyumvire mu matsinda/amahuriro 45 yatoranyijwe mu turere 15 dukorerwamo n’umushinga PRISM ku bufatanye hagati ya UGAMA na HEIFER international binyuze mu mushinga PRISM.

Ni amahugurwa ari kubera  mu nzu mberabyombi ya centre d’Aceuil Mere du Verbe mu Karere ka Huye ,hagamijwe gufasha amatsinda mato mato  ariko yahawe amahugurwa yibanze  abategurira kuva kukiciro cy’itsinda noneho  bakitwa koperative,aho bari guhabwa  ubumenyi  kubigendanye n’icungamutungo,Ubumenyi ngiro mugukoresha Imari ,n’ubuhanga ngiro ku micungire y’Ubucuruzi.

HATEGEKIMANA Jean Claude umukozi muri  UGAMA ushinzwe kubaka ubushobozi mu micungire  y’imari kuma koperative ,mu ijambo rye ubwo yahuguraga abitabiriye amahugurwa  we akaba yibukije abitabiriye aya ma hugurwa ko kuzigamira ejo hazaza humuntu kugiti cye ndetse na koperatve ubwayo biri mu byibanze kandi ko bikwiye gutegurwa.

Ati:

Niba ukeneye iterambere ryejo hazaza,tegura ubwizigame kubyo wungutse mbere yibindi byose.Ntabwo twizigama kuko turangije ibindi byose tukaba dusaguye oya! Ubwizigame ni umushinga utegurwa mbere nkiyindi yose.”

HATEGEKIMANA Jean Claude yavuze ko kuzigamira ejo hazaza humuntu biri mubyibanze umuntu akwiriye kwitaho mbere yo gupangira urwunguko.

Byitezwe ko aya mahugurwa azasigira imbaraga ayamatsinda akabasiga babonye ibisabwa byose ngo babe koperative bityo bakarushaho kwiteza imbere mumibereho yabo.

 

Joselyne ABAYISENGA umwe mubitabiriye amahugurwa yagaragaje amarangamutima ye ko yishimiye aya mahugurwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *