
UGAMA yageneye toni eshatu z’imbuto y’imigozi y’indobanure abaturage b’Akarere ka Muhanga

Mu rwego rwo guteza imbere ubuhinzi bwa kijyambere no kongerera abaturage ubushobozi mu kwihaza mu biribwa no guhangana n’inzara ishobora guturuka ku ihindagurika ry’ikirere, kuri uyu wa 22 Mata 2026 umuryango UGAMA k’ubufatanye n’Akarere ka Muhanga watanze toni eshatu z’imbuto y’imigozi y’indobanure kubaturage b’aka karere.
Ni igikorwa cyabereye mu Murenge wa Muhanga akagali ka Gasave umudugudu wa Mbililii aho iyi mbuto y’indobanure itanga umusaruro mwiza mwinshi kandi mugihe gito yahawe aba bahinzi nk’igihingwa ngandurarugo gifite uruhare runini mu mibereho y’abaturage no mu rwego rwo gufasha abaturage kubona imbuto yo gutera kubutaka bwose bafite budahinze,kwihaza mu biribwa, banahangana n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye ikangiza imyaka n’umusasuro muri rusange nkuko Umuyobozi wungirije w’Akarere ushinzwe ubukungu yabigarutseho.
Ati:
“iyi mbuto ni nziza itanga umusaruro kandi yera vuba ibi rero bishobora gufasha abaturage kubagoboka mugihe iyi imvura imaze iminsi ibangamira umusaruro w’ubuhinzi ’’.
Abaturage bahawe iyi mbuto bagaragaje ko iyi mbuto izabafasha kwagura umusaruro w’ubuhinzi bwibijumba nk’igihingwa ngandura rugo bityo bakabasha kwihaza mu biribwa no kubona ibisagurirwa amasoko.
Nimugihe kandi Nikwigize Remy umukozi uhagarariye UGAMA we yashimangiye ko iki gikorwa kiri mu murongo w’ibikorwa by’uyu muryango bigamije guteza imbere ubuhinzi bushingiye ku buryo burambye, bufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kwiteza imbere mu bukungu bityo ashishikariza abahawe iyi mbuto kuyikoresha neza no kuzibyaza umusaruro ugaragara.